Fodey Security yahagaritswe gukorera mu Rwanda                                             Sosiyete yigenga ikora ibyo  gucungira ababishoboye umutekano, izwi nka ya Fodey Security, mu gitondo  cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2013, yahagaritswe gukorera  ibikorwa byayo byo gucunga umutekano ku butaka bw’u Rwanda, inasabirwa  gufatirirwa imitungo.    Ihagarikwa ry’iyi sosiyete ryatangajwe na Minisitiri w’umutekano mu  gihugu, Musa Fazil Harerimana, ubwo yitabaga inteko ishinga amategeko  kuri uyu wa Kabiri ngo asobanure ibijyanye n’itegeko rizagenga  amasosiyete yigenga akora ibijyanye no gucunga umutekano mu Rwanda.    Minisitiri Harerimana yagize ati : “Ubu tuvugana Fodey  twayihagaritse, ndetse hari n’umuntu wayo turimo gukurikirana vuba vuba.  Twatanze impapuro ku Isi hose ngo abe yafatwa.”    Imbere y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ntabwo Minisitiri  w’umutekano mu gihugu, Musa Fazil Harerimana, yabitinzeho, ndetse n’umwe  mu bayoboz...
We inform to forge business oriented thinking