Skip to main content

Impano zihabwa abageni zifite ibisobanuro biremereye mu muco

 
 

Mu muco nyarwanda mu mihango yo gusaba no gukwa abageni bahabwa impano zisobanura umuco nyarwanda, agaseke kakaba gafite ubusobanuro bwinshi ugereranyije n’ibindi.
Abakuru baganiriye na IGIHE basobanuye ko mu mpano zitangwa zirimo Agaseke, inkangara, inkongoro n’igisabo bidakwiye kubura mu mpano zitangwa.
Nsanzigabo Valens w’imyaka 76 utuye i Muhanga, umwe mu basaza bakuze baganiriye na IGIHE, yavuze ko umuco nyarwanda ugomba gushyigikirwa ntucike, ati ”Ababyiruka bagomba kujya begera abakuze bakabagira inama iterambere ntiribabuze umuco, kuko umuco nyarwanda ubitse byinshi kandi byiza, bigomba kubahirizwa kandi ntibibangamire iterambere.”
Icyo buri mpano isobanura
Agaseke
Agaseke kavuga ko umukobwa w’Umunyarwandakazi agomba gukora ubukwe ari isugi, bityo umugabo we akazaba ariwe upfundura ibanga yabikiwe n’umugeni we.
Agaseke kanavuga ko umukobwa ukoze ubukwe agomba kwita ku mugabo we, bityo akajya amubikira ibanga, binasobanura kuzigama no kubika, urugo rukaba rufite ubutunzi ntavogerwa.
Mu muco nyarwanda iyo umugeni basangaga atari isugi basubizaga iwabo agaseke karimo ubutumwa busobanura ko basanze umugeni bahawe atari isugi.
Benshi mu baganiriye na IGIHE bavuze ko batazi niba kuri ubu ubusobanuro bumwe bucyubahirizwa, kuko hari bamwe bakora ubukwe batari amasugi cyangwa benda kubyara.
Nsanzigabo umwe mu basaza bakuze baganiriye na IGIHE, yavuze ko umuco nyarwanda ugomba gushyigikirwa ntucike, ati ”Ababyiruka bagomba kujya begera abakuze bakabagira inama iterambere ntiribabuze umuco, kuko umuco nyarwanda ubitse byinshi kandi byiza, bigomba kubahirizwa kandi ntibibangamire iterambere.”
Bamwe mu bahanzi baririmbye indirimbo zigaragaza agaciro k’Agaseke. Urugero ni nk’indirimbo Agaseke karapfundikiye n’izindi.
Igisabo
Igisabo ni igikoresho cyo mu muco nyarwanda, cyifashishwa mu gikorwa cyo gucunda amata. Amata asobanura ikinyobwa gifitiye umubiri akamaro, n’ubutuntu.
Igisabo cyifashishwa mu mihango itandukanye mu birori byo gushyingira, aho umukobwa ahabwa impano y’Igisabo ikaba isobanura guhorana amata ku ruhimbi.
Igisabo gihabwa agaciro ku buryo bavuga ko mu muco nyarwanda aho kijishe ntawe uhatera ibuye, bityo buri munyarwanda wese agomba kucyubaha.
Inkongoro
Inkongoro ni impano nziza yifuriza abageni gutunga, bagahorana amata, bakakira abaje babagana, kandi bakagira urubyaro ruhorana inkongoro.
Inkangara nazo zisobanura impano abageni bahabwa babifuriza kuzatunga, bakagwiza imyaka bityo ibigega byabo bigahora bisendereye.
Si ibi gusa bihabwa abageni mu gihe cyo gusaba no gukwa, banahabwa imbuto zitandukanye zibifuriza uburumbuke no guhorana ibigega byuzuye imbuto n’imyaka.

Comments

Popular posts from this blog

Kwita Izina: Who are the namers for 2022?

This year marks the 18th edition of Kwita Izina, a ceremony that marks the naming of new born babies. Held in Kinigi at the foothills of Volcanoes National Park, the namers will join communities living around Volcanoes National Park, the home of the endangered mountain gorillas, as well as rangers, trackers, researchers and friends from around the world to celebrate nature and conservation. The 20 baby gorillas to be named this year are members of the Noheli, Musilikali, Ntambara, Mutobo, Igisha, Susa, Kureba, Pablo, Sabyinyo, Muhoza, Amahoro, and Hirwa families. The Prince of Wales (virtually) Charles, Prince of Wales, is the heir apparent to the British throne as the eldest son of Queen Elizabeth II and Prince Philip, Duke of Edinburgh. He has been heir apparent as well as Duke of Cornwall and Duke of Rothesay since 1952 and is both the oldest and the longest-serving heir apparent in British history. He was last in Rwanda in June this year where he had come to attend the Commonwealth...

Meet SOS mother Nikuze who won the Helmet Kutin award

  Nikuze Adrolata, a committed woman who spent 29 years at SOS Children’s Village Gikongoro in Nyamagabe District caring for vulnerable children who lost parental care, has received Helmet Kutin award. The Helmut Kutin Award recognizes extraordinary performances of SOS Children’s Villages co-workers who care for vulnerable children and have laid the foundation for them to have an independent future in 136 countries where the organization operates. SOS mothers like Nikuze live with children in a family house in SOS Children’s Villages where they support the children’s individual needs and establish strong bonds with them like a biological mother. Nikuze never got married and devoted her life to caring for vulnerable children until today. She was selected after successfully completing comprehensive six-month training on child protection and alternative care for children who lost parental care. So far Nikuze has cared for 53 children since 1992 when she joined SOS Children’s Village G...

No enemy of our neighbours will operate on Rwandan soil – Kagame

  Anyone who wants to destabilise Rwanda’s neighbours will never be allowed to operate in Rwanda, President Paul Kagame has said. He made the remarks in Rusizi District on August 26 while addressing over 400 opinion leaders from Western Province where he also spoke at length about security issues and development. Security remains our top priority because if there is no security nothing can be done, he said. "The way we want to live in harmony in our country is the same way we want to get along with our neighbours...so that everyone can be safe and able to do what they want to do,” he said. Kagame has since on Thursday been  on a four-day tour  in Western and Southern provinces where he met residents, opinion leaders, and toured different development projects. "I want to add that Rwandans, be it those who live here in Rusizi and all those who live along other border areas; it is important that we find ways to live well with our neighbours. There will not be anyone who want...