Skip to main content

Impano zihabwa abageni zifite ibisobanuro biremereye mu muco

 
 

Mu muco nyarwanda mu mihango yo gusaba no gukwa abageni bahabwa impano zisobanura umuco nyarwanda, agaseke kakaba gafite ubusobanuro bwinshi ugereranyije n’ibindi.
Abakuru baganiriye na IGIHE basobanuye ko mu mpano zitangwa zirimo Agaseke, inkangara, inkongoro n’igisabo bidakwiye kubura mu mpano zitangwa.
Nsanzigabo Valens w’imyaka 76 utuye i Muhanga, umwe mu basaza bakuze baganiriye na IGIHE, yavuze ko umuco nyarwanda ugomba gushyigikirwa ntucike, ati ”Ababyiruka bagomba kujya begera abakuze bakabagira inama iterambere ntiribabuze umuco, kuko umuco nyarwanda ubitse byinshi kandi byiza, bigomba kubahirizwa kandi ntibibangamire iterambere.”
Icyo buri mpano isobanura
Agaseke
Agaseke kavuga ko umukobwa w’Umunyarwandakazi agomba gukora ubukwe ari isugi, bityo umugabo we akazaba ariwe upfundura ibanga yabikiwe n’umugeni we.
Agaseke kanavuga ko umukobwa ukoze ubukwe agomba kwita ku mugabo we, bityo akajya amubikira ibanga, binasobanura kuzigama no kubika, urugo rukaba rufite ubutunzi ntavogerwa.
Mu muco nyarwanda iyo umugeni basangaga atari isugi basubizaga iwabo agaseke karimo ubutumwa busobanura ko basanze umugeni bahawe atari isugi.
Benshi mu baganiriye na IGIHE bavuze ko batazi niba kuri ubu ubusobanuro bumwe bucyubahirizwa, kuko hari bamwe bakora ubukwe batari amasugi cyangwa benda kubyara.
Nsanzigabo umwe mu basaza bakuze baganiriye na IGIHE, yavuze ko umuco nyarwanda ugomba gushyigikirwa ntucike, ati ”Ababyiruka bagomba kujya begera abakuze bakabagira inama iterambere ntiribabuze umuco, kuko umuco nyarwanda ubitse byinshi kandi byiza, bigomba kubahirizwa kandi ntibibangamire iterambere.”
Bamwe mu bahanzi baririmbye indirimbo zigaragaza agaciro k’Agaseke. Urugero ni nk’indirimbo Agaseke karapfundikiye n’izindi.
Igisabo
Igisabo ni igikoresho cyo mu muco nyarwanda, cyifashishwa mu gikorwa cyo gucunda amata. Amata asobanura ikinyobwa gifitiye umubiri akamaro, n’ubutuntu.
Igisabo cyifashishwa mu mihango itandukanye mu birori byo gushyingira, aho umukobwa ahabwa impano y’Igisabo ikaba isobanura guhorana amata ku ruhimbi.
Igisabo gihabwa agaciro ku buryo bavuga ko mu muco nyarwanda aho kijishe ntawe uhatera ibuye, bityo buri munyarwanda wese agomba kucyubaha.
Inkongoro
Inkongoro ni impano nziza yifuriza abageni gutunga, bagahorana amata, bakakira abaje babagana, kandi bakagira urubyaro ruhorana inkongoro.
Inkangara nazo zisobanura impano abageni bahabwa babifuriza kuzatunga, bakagwiza imyaka bityo ibigega byabo bigahora bisendereye.
Si ibi gusa bihabwa abageni mu gihe cyo gusaba no gukwa, banahabwa imbuto zitandukanye zibifuriza uburumbuke no guhorana ibigega byuzuye imbuto n’imyaka.

Comments

Popular posts from this blog

Improving Rwandan lives, One village at a time

Amanota y’ibizamini bya Leta yasohotse, abahungu banikiye abakobwa     Aba bana uko ari batatu ni abo muri Kigali Parents, Gasabo, bari mu 11 ba mbere mu gihugu. Uhereye ibumoso: Murekezi Ihirwe Patience wa mbere, Denis Shyaka Gasasira wa kane na Ihoza Annie Christella wa cumi, ariko akaba ari we mukobwa wa mbere kuko 9 ba mbere bose ari abahungu (Ifoto/Kisambira T) Minisiteri y’Uburezi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 16 Mutarama 2014, yashyize ahagaragara ibyavuye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye mu mwaka ushize wa 2013. Imibare igaragaza ko abakobwa babaye benshi mu gukora ibizamini, ariko ntibyababuza gutsindwa cyane ugereranyije na basaza babo bakoze ari bake. Minisiteri y’Uburezi yerekanye ko mu banyeshuri ibihumbi 163,092 bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza mu mwaka wa 2013, abakobwa bangana na 89 537 (54%), abatsinze neza muri abo banga...

Diaspora Rwandans call for laws punishing genocide denial abroad

Rosine Mugunga, a member of the Rwandan community in Italy, contributes to a discussion on the fight against Genocide denial and minimisation between members of the Senate and Diaspora at the Parliamentary Buildings, while other delegates look on, in Kigali on Monday. Representatives of the Rwandan Diaspora from around the world urged the Senate to step up advocacy for enactment of laws against denial and trivialisation of the 1994 Genocide against the Tutsi in foreign countries. Photo: Emmanuel Kwizera Rwandans living and working abroad have challenged the Senate to push for the enactment of laws punishing denial and minimisation of the 1994 Genocide against Tutsi, globally. They made the appeal on Monday in Kigali during a meeting with the Rwanda Senate. The meeting intended to encourage the Rwandan community abroad to step up efforts against denial or trivialisation of the Genocide, especially outside Rwanda. The request came after a senatorial report released ...