Skip to main content

Impano zihabwa abageni zifite ibisobanuro biremereye mu muco

 
 

Mu muco nyarwanda mu mihango yo gusaba no gukwa abageni bahabwa impano zisobanura umuco nyarwanda, agaseke kakaba gafite ubusobanuro bwinshi ugereranyije n’ibindi.
Abakuru baganiriye na IGIHE basobanuye ko mu mpano zitangwa zirimo Agaseke, inkangara, inkongoro n’igisabo bidakwiye kubura mu mpano zitangwa.
Nsanzigabo Valens w’imyaka 76 utuye i Muhanga, umwe mu basaza bakuze baganiriye na IGIHE, yavuze ko umuco nyarwanda ugomba gushyigikirwa ntucike, ati ”Ababyiruka bagomba kujya begera abakuze bakabagira inama iterambere ntiribabuze umuco, kuko umuco nyarwanda ubitse byinshi kandi byiza, bigomba kubahirizwa kandi ntibibangamire iterambere.”
Icyo buri mpano isobanura
Agaseke
Agaseke kavuga ko umukobwa w’Umunyarwandakazi agomba gukora ubukwe ari isugi, bityo umugabo we akazaba ariwe upfundura ibanga yabikiwe n’umugeni we.
Agaseke kanavuga ko umukobwa ukoze ubukwe agomba kwita ku mugabo we, bityo akajya amubikira ibanga, binasobanura kuzigama no kubika, urugo rukaba rufite ubutunzi ntavogerwa.
Mu muco nyarwanda iyo umugeni basangaga atari isugi basubizaga iwabo agaseke karimo ubutumwa busobanura ko basanze umugeni bahawe atari isugi.
Benshi mu baganiriye na IGIHE bavuze ko batazi niba kuri ubu ubusobanuro bumwe bucyubahirizwa, kuko hari bamwe bakora ubukwe batari amasugi cyangwa benda kubyara.
Nsanzigabo umwe mu basaza bakuze baganiriye na IGIHE, yavuze ko umuco nyarwanda ugomba gushyigikirwa ntucike, ati ”Ababyiruka bagomba kujya begera abakuze bakabagira inama iterambere ntiribabuze umuco, kuko umuco nyarwanda ubitse byinshi kandi byiza, bigomba kubahirizwa kandi ntibibangamire iterambere.”
Bamwe mu bahanzi baririmbye indirimbo zigaragaza agaciro k’Agaseke. Urugero ni nk’indirimbo Agaseke karapfundikiye n’izindi.
Igisabo
Igisabo ni igikoresho cyo mu muco nyarwanda, cyifashishwa mu gikorwa cyo gucunda amata. Amata asobanura ikinyobwa gifitiye umubiri akamaro, n’ubutuntu.
Igisabo cyifashishwa mu mihango itandukanye mu birori byo gushyingira, aho umukobwa ahabwa impano y’Igisabo ikaba isobanura guhorana amata ku ruhimbi.
Igisabo gihabwa agaciro ku buryo bavuga ko mu muco nyarwanda aho kijishe ntawe uhatera ibuye, bityo buri munyarwanda wese agomba kucyubaha.
Inkongoro
Inkongoro ni impano nziza yifuriza abageni gutunga, bagahorana amata, bakakira abaje babagana, kandi bakagira urubyaro ruhorana inkongoro.
Inkangara nazo zisobanura impano abageni bahabwa babifuriza kuzatunga, bakagwiza imyaka bityo ibigega byabo bigahora bisendereye.
Si ibi gusa bihabwa abageni mu gihe cyo gusaba no gukwa, banahabwa imbuto zitandukanye zibifuriza uburumbuke no guhorana ibigega byuzuye imbuto n’imyaka.

Comments

Popular posts from this blog

Improving Rwandan lives, One village at a time

Meet SOS mother Nikuze who won the Helmet Kutin award

  Nikuze Adrolata, a committed woman who spent 29 years at SOS Children’s Village Gikongoro in Nyamagabe District caring for vulnerable children who lost parental care, has received Helmet Kutin award. The Helmut Kutin Award recognizes extraordinary performances of SOS Children’s Villages co-workers who care for vulnerable children and have laid the foundation for them to have an independent future in 136 countries where the organization operates. SOS mothers like Nikuze live with children in a family house in SOS Children’s Villages where they support the children’s individual needs and establish strong bonds with them like a biological mother. Nikuze never got married and devoted her life to caring for vulnerable children until today. She was selected after successfully completing comprehensive six-month training on child protection and alternative care for children who lost parental care. So far Nikuze has cared for 53 children since 1992 when she joined SOS Children’s Village G...
Next Move Is Obama’s After Boehner’s Tax Plan Fails Brendan Hoffman for The New York Times Speaker John A. Boehner arrived for a news conference on Friday in Washington. By  JACKIE CALMES Published: December 21, 2012 WASHINGTON — With House Republicans’ revolt over their leader’s tax plan the evening before, President Obama on Friday faced the challenge of finding a new tax-and-spending solution — perhaps working now with Senate Republicans — to prevent a looming fiscal crisis in January. The Fiscal Deadline in Washington The New York Times is following the talks between President Obama and Congressional leaders on the so-called fiscal cliff. Related Obama and Boehner Diverge Sharply on Fiscal Plan (December 20, 2012) Enlarge This Image Brendan Hoffman for The New York Times Speaker John A. Boehner of Ohio leaving a meeting Thursday with fellow House Republicans on talks over the “fiscal cliff.” Yet as the day dawned, officials ...