Skip to main content
 

U Rwanda rwinjiye mu Ishyirahamwe mpuzamahanga ryo kubungabunga amahoro

  U Rwanda rwinjiye mu Ishyirahamwe mpuzamahanga ryo kubungabunga amahoro

Ishuri ry’u Rwanda ritanga amahugurwa ku bijyanye no kubaka no kubungabunga amahoro riri i Nyakinama (Rwanda Peace Academy - RPA), ryinjiye mu Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’ibigo bitanga amahugurwa ku kubungabunga amahoro (IAPTC : International Association of Peacekeeping Training Centres) ; rikaba ari iry’ubukorerabushake mu bushakashatsi, uburezi n’amahugurwa ku kubungabunga amahoro.
Kuba umunyamuryango w’iri shyirahamwe, ikigo, urwego, cyangwa umuntu ku giti cye, bigomba kuba byiyemeje ibyo gukora ubushakashatsi, kwigisha no guhugura ku kubungabunga amahoro no kwitabira inama ngarukamwaka y’inteko rusange ya IAPTC.
Nk’uko tubikesha umuyobozi wa RPA, Col. Jill Rutaremara, iki cyemezo cyaje gikurikira ubutumwa bwaturutse mu bunyamabanga bwa IAPTC i New Delhi mu Buhinde, butumira iri shuri ry’u Rwanda, kwitabira inama rusange ngarukamwaka ya 19 y’iryo shyirahamwe, yabereye i Dhaka muri Bangladesh kuva ku itariki ya 28 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2013, yakiriwe na Bangladesh Institute of Peace Support Operations Training (BIPSOT).
Ishuri ry’u Rwanda ritanga amahugurwa ku bijyanye no kubaka no kubungabunga amahoro riri i Nyakinama, ryatorewe kuyobora ishami rishinzwe imyigishirize mu matsinda, muri ane arigize ariyo abasivili, abasirikare, abapolisi n’itsinda ry’abashinzwe kwigisha.
Ayo matsinda ayoborwa n’abanyamuryango ku buryo bungana hakurikijwe uturere tune tw’umugabane w’Isi ari two Afurika, Amerika, u Burayi n’Aziya yegereye inyanja ya Pasifika. Inama rusange y’ubutaha izabera muri Indonesia mu 2014.
Kuba umunyamuryango wa IAPTC bazongera imbaraga z’amahugurwa atangwa n’iri shuri ry’u Rwanda ; bitume iri shuri rigendana na politike y’ubufasha igezweho mu bikorwa byo kubugabunga amahoro kandi binarizamurire ibisabwa mu gutanga amahugurwa ; bazajya basangira ubunararibonye ku mahugurwa n’uburyo atangwa, binatume basobanukirwa ibirebana n’umuco w’ibigo n’inzego bitandukanye mu myitwarire irebana n’abasirikare, abapolisi n’abasivili mu kubungabunga amahoro, bizaha kandi ishuri ry’u Rwanda amahirwe yo gukorana, ubutwererane n’ibindi bigo no guhuza ubufatanye.
Ku birebana n’iterambere, kuwa 25 Ukwakira 2013 i Musanze, Umuyobozi w’Ishuri ry’u Rwanda ritanga amahugurwa ku bijyanye no kubaka no kubungabunga amahoro n’Umuyobozi mukuru wa EASFCOM (Eastern Africa Standby Force Coordination Mechanism) bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye hagati y’ibigo byombi ku bijyanye no kuyobora amahugurwa n’ubushakashatsi.

Comments

Popular posts from this blog

Improving Rwandan lives, One village at a time

Diaspora Rwandans call for laws punishing genocide denial abroad

Rosine Mugunga, a member of the Rwandan community in Italy, contributes to a discussion on the fight against Genocide denial and minimisation between members of the Senate and Diaspora at the Parliamentary Buildings, while other delegates look on, in Kigali on Monday. Representatives of the Rwandan Diaspora from around the world urged the Senate to step up advocacy for enactment of laws against denial and trivialisation of the 1994 Genocide against the Tutsi in foreign countries. Photo: Emmanuel Kwizera Rwandans living and working abroad have challenged the Senate to push for the enactment of laws punishing denial and minimisation of the 1994 Genocide against Tutsi, globally. They made the appeal on Monday in Kigali during a meeting with the Rwanda Senate. The meeting intended to encourage the Rwandan community abroad to step up efforts against denial or trivialisation of the Genocide, especially outside Rwanda. The request came after a senatorial report released ...

Meet SOS mother Nikuze who won the Helmet Kutin award

  Nikuze Adrolata, a committed woman who spent 29 years at SOS Children’s Village Gikongoro in Nyamagabe District caring for vulnerable children who lost parental care, has received Helmet Kutin award. The Helmut Kutin Award recognizes extraordinary performances of SOS Children’s Villages co-workers who care for vulnerable children and have laid the foundation for them to have an independent future in 136 countries where the organization operates. SOS mothers like Nikuze live with children in a family house in SOS Children’s Villages where they support the children’s individual needs and establish strong bonds with them like a biological mother. Nikuze never got married and devoted her life to caring for vulnerable children until today. She was selected after successfully completing comprehensive six-month training on child protection and alternative care for children who lost parental care. So far Nikuze has cared for 53 children since 1992 when she joined SOS Children’s Village G...