Skip to main content
  

Fodey Security yahagaritswe gukorera mu Rwanda


 
Fodey Security yahagaritswe gukorera mu Rwanda

Sosiyete yigenga ikora ibyo gucungira ababishoboye umutekano, izwi nka ya Fodey Security, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2013, yahagaritswe gukorera ibikorwa byayo byo gucunga umutekano ku butaka bw’u Rwanda, inasabirwa gufatirirwa imitungo.
Ihagarikwa ry’iyi sosiyete ryatangajwe na Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Musa Fazil Harerimana, ubwo yitabaga inteko ishinga amategeko kuri uyu wa Kabiri ngo asobanure ibijyanye n’itegeko rizagenga amasosiyete yigenga akora ibijyanye no gucunga umutekano mu Rwanda.
Minisitiri Harerimana yagize ati : “Ubu tuvugana Fodey twayihagaritse, ndetse hari n’umuntu wayo turimo gukurikirana vuba vuba. Twatanze impapuro ku Isi hose ngo abe yafatwa.”
Imbere y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ntabwo Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Musa Fazil Harerimana, yabitinzeho, ndetse n’umwe mu bayobozi bayo barimo gushakishwa ntabwo amazina ye aramenyekana.
Aganira n’abanyamakuru, Eddie Sebera, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’amasosiyete yigenga akora ibikorwa byo kurinda umutekano mu Rwanda, yavuze ko babwiwe ko Fodey Security yahagaritswe kubera ko hari bimwe mubyo Fodey itujuje mu byo Polisi isaba kuri izi sosiyete zicunga umutekano.
Ubu aho iyi sosiyete yakoreraga ibikorwa byo gucunga umutekano hashyizwe abandi bakozi b’andi masosiyete ashinzwe gucunga umutekano.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Damas Gatare, we yatangarije Radiyo KFM ko akomeje gukurikirana ibya Fodey Security, nyuma akaza gutangaza bimwe mu byatumye Fodey Security ihagarikwa.
Usibye mu Rwanda Fodey Security, isanzwe ikorera muri Uganda mu Burundi, Kenya, Ethiopia ndetse na Tanzania.

Comments

Popular posts from this blog

Improving Rwandan lives, One village at a time

Amanota y’ibizamini bya Leta yasohotse, abahungu banikiye abakobwa     Aba bana uko ari batatu ni abo muri Kigali Parents, Gasabo, bari mu 11 ba mbere mu gihugu. Uhereye ibumoso: Murekezi Ihirwe Patience wa mbere, Denis Shyaka Gasasira wa kane na Ihoza Annie Christella wa cumi, ariko akaba ari we mukobwa wa mbere kuko 9 ba mbere bose ari abahungu (Ifoto/Kisambira T) Minisiteri y’Uburezi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 16 Mutarama 2014, yashyize ahagaragara ibyavuye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye mu mwaka ushize wa 2013. Imibare igaragaza ko abakobwa babaye benshi mu gukora ibizamini, ariko ntibyababuza gutsindwa cyane ugereranyije na basaza babo bakoze ari bake. Minisiteri y’Uburezi yerekanye ko mu banyeshuri ibihumbi 163,092 bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza mu mwaka wa 2013, abakobwa bangana na 89 537 (54%), abatsinze neza muri abo banga...

Diaspora Rwandans call for laws punishing genocide denial abroad

Rosine Mugunga, a member of the Rwandan community in Italy, contributes to a discussion on the fight against Genocide denial and minimisation between members of the Senate and Diaspora at the Parliamentary Buildings, while other delegates look on, in Kigali on Monday. Representatives of the Rwandan Diaspora from around the world urged the Senate to step up advocacy for enactment of laws against denial and trivialisation of the 1994 Genocide against the Tutsi in foreign countries. Photo: Emmanuel Kwizera Rwandans living and working abroad have challenged the Senate to push for the enactment of laws punishing denial and minimisation of the 1994 Genocide against Tutsi, globally. They made the appeal on Monday in Kigali during a meeting with the Rwanda Senate. The meeting intended to encourage the Rwandan community abroad to step up efforts against denial or trivialisation of the Genocide, especially outside Rwanda. The request came after a senatorial report released ...