Skip to main content
  

Musanze : Yubahutse ibigabiro bya Gihanga ahasiga ubuzima



Buhanga Eco-Park iherereye mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze , ahitwa ku Bwimo bwa Gihanga aho basobanura amateka y’ umwami Gihanga, wahanze u Rwanda wari uhatuye, hakaba haranakorerwaga imihango yo Kwimika abami b’u Rwanda, Umugabo umwe wigabije ibigabiro byaho akabibazamo imivure yahasize ubuzima nyuma yo kutubaha iby’umuco gakondo.
Mu muco gakondo iby’i Bwami ntibivogerwa kandi n’ahakorerwaga imihango itandukanye ya gakondo harubahwagwa, bakamenya ko ari ntavogerwa. Joseph Hategekimana umukozi wa RDB ushinzwe gusobanura amateka yo kuri uyu musozi ,yatangarije abanyamakuru ko ibigabiro by’umwami Gihanga mu mwaka wa 1977 byigabijwe n’umugabo witwa Ntumira abibajemo imivure kuyihavana biba ikibazo anahasiga ubuzima.
Avuga ko ibi byatewe n’uko ibi biti byakorerwagaho imihango itandukanye, bikanavugirwaho imitongero.
Hategekimana wabonye ibi biba wanashyinguwe uwo mugabo, yagize ati “Ibigabiro by’aha byabaga byaratongerewe, umugabo witwa Ntumira yarabyigabije asaba abagabo babiri kubimubarizamo imivure, batemaho amashami abiri babazamo imivure. Babikoze abaturage bamubuza aranga, abagabo barabibaje bivamo imivure, nyuma imaze kuma baje kubyikorera ngo babimushyire , Ntumira ahita amererwa nabi bamujyana mu bitaro by’i Nyakinama aba arapfuye”.
Akomeza avuga ko abaje kubyikorera nabo bahawe amasubyo kugira ngo babagangahure, kuko bari batinyutse kwigabiza ibigabiro kizira, ariko abo bagabo bo baje baje kuba bazima.
Imivure yo atangaza ko yahasaziye ntawayubahutse,kuko yarasataguritsemo ibipande ku buryo ntawigeze atinyuka kuyigabiza.
Hategekimana atangaza ko kuri uyu musozi wo ku Bwimo bwa Gihanga, harimo ibiti bitandatu bindi by’ibigabiro birimo imitongero yimihango yahakorerwaga, ku buryo hagize ubyigabiza akabikoresha uko bidakwiye, byamuviramo ibibazo kuko kizira gutinyuka kwigabiza ibya Gihanga.
Icyo giti cyabaye intandaro y’urupfu rwa Ntumira, ni igiti gifite amateka akomeye mu Rwanda : cyitwa Inyabutatu nyarwanda, buri mwami wese wabayeho mu Rwanda, niho yimikirwaga, agatongerwa akabona kujya i Nyanza.
Ushaka kumenya amateka y’icyo giti kanda hano
Igiti cy'Inyabutatu nyarwanda nicyo cyakoze kuri Ntumira
Hategekimana ni umwe mu bashyinguye Ntumira, agaragaza igiti cyatumye

Comments

Popular posts from this blog

No enemy of our neighbours will operate on Rwandan soil – Kagame

  Anyone who wants to destabilise Rwanda’s neighbours will never be allowed to operate in Rwanda, President Paul Kagame has said. He made the remarks in Rusizi District on August 26 while addressing over 400 opinion leaders from Western Province where he also spoke at length about security issues and development. Security remains our top priority because if there is no security nothing can be done, he said. "The way we want to live in harmony in our country is the same way we want to get along with our neighbours...so that everyone can be safe and able to do what they want to do,” he said. Kagame has since on Thursday been  on a four-day tour  in Western and Southern provinces where he met residents, opinion leaders, and toured different development projects. "I want to add that Rwandans, be it those who live here in Rusizi and all those who live along other border areas; it is important that we find ways to live well with our neighbours. There will not be anyone who want...
Mother loses battle to block cancer treatment for son, Neon Roberts Sally Roberts: opposed radiotherapy for son Oli Scarff/Getty Images Sally Roberts: opposed radiotherapy for son Oli Scarff/Getty Images 2 of 4 Neon: doctor say he could die within months without treatment PA 3 of 4 Ben Roberts, Neon's father, backed treatment, although had reservations Peter Macdiarmid/Getty Images 4 of 4 Sally Roberts has split from Neon's father Times photographer Mary Turner Fay Schlesinger Updated 53 minutes ago A judge has ordered that a seven-year-old boy must undergo radiotherapy to treat his brain tumour, against the wishes of his mother. Sally Roberts, 37, has fought a two-week High Court battle to prevent her son Neon from having the therapy, which can entail debilitating permanent side effects. Neon’s chance of living for five years has reduced from 80 per cent to 67 per cent due to the delays to his treat...

Kwita Izina: Who are the namers for 2022?

This year marks the 18th edition of Kwita Izina, a ceremony that marks the naming of new born babies. Held in Kinigi at the foothills of Volcanoes National Park, the namers will join communities living around Volcanoes National Park, the home of the endangered mountain gorillas, as well as rangers, trackers, researchers and friends from around the world to celebrate nature and conservation. The 20 baby gorillas to be named this year are members of the Noheli, Musilikali, Ntambara, Mutobo, Igisha, Susa, Kureba, Pablo, Sabyinyo, Muhoza, Amahoro, and Hirwa families. The Prince of Wales (virtually) Charles, Prince of Wales, is the heir apparent to the British throne as the eldest son of Queen Elizabeth II and Prince Philip, Duke of Edinburgh. He has been heir apparent as well as Duke of Cornwall and Duke of Rothesay since 1952 and is both the oldest and the longest-serving heir apparent in British history. He was last in Rwanda in June this year where he had come to attend the Commonwealth...