Huye : Impinja zitarengeje ibyumweru 2 zatoraguwe zajugunywe na ba nyina                                           Mu bitaro bya Kabutare hari  impinja ebyiri z’abahungu zajugunywe n’ababyeyi batamenyekanye, rumwe  rukaba rwaratowe mu bisi bya Huye, urundi rutoragurwa mu mudugudu wa  Taba.    Nk’uko tubikesha Radiyo Rwanda, izi mpinja zose ntizirarenza  ibyumweru bibiri aho urwatoraguwe mu bisi bya Huye rumaze icyumweru  kirenga rutoraguwe naho urundi rwo ntiharamara iminsi itatu rutoraguwe.    Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Kabutare birimo kwita kuri izi mpinja,  Dr. Saleh Niyonzima avuga ko nyuma yo kubona izi mpinja zatangiye  kwitabwaho n’ibitaro, yongera anasaba abakobwa cyangwa abagore bajugunya  impinja kujya birinda gusama aho kujugunya izo mpinja.    Yagize ati “Dukunze kwakira impinja nk’izi ziba zatoraguwe  zigashyikirizwa ubuyobozi tukabarera mbere y’uko babona imiryango  ibitaho kuko ba nyina baba batarabashije kuboneka. Birababaj...
We inform to forge business oriented thinking