Skip to main content
 

Harategurwa amarushanwa ahuza ibigo byigenga

Harategurwa amarushanwa ahuza ibigo byigenga



Ishyirahamwe rigamije guteza imbere Siporo mu nzego z’imirimo, rirategura amarushanwa mu mikino inyuranye, biteganijwe ko azatangira ku wa 25 Mutarama 2013.
Nk’uko bitangazwa na Busabizwa Parfait, Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda rigamije guteza imbere siporo mu nzego z’abikorera (ARPST) akaba n’umunyamabanga Mukuru wa “Comite Olympique” mu Rwanda, amarushanwa ahuza ibigo by’abikorera ku giti cyabo ategurwa buri mwaka mu mupira w’amaguru, Basketball, Volleyball n’imikino ikinwa umuntu ku giti cye.
Ikindi atangaza ni uko amakipe ya mbere avuye mu bigo by’abikorera ku giti cyabo ndetse no mu bigo bya Leta na za Minisiteri, azahagararira igihugu mu marushanwa y’akarere.
Busabizwa atangaza ko intego bagamije muri uyu mwaka ari ukongera abakozi bakora siporo kuko na yo ari kimwe mu bituma umukozi agira ubuzima bwiza kandi akongera umusaruro. Akomeza agira ati “Turasaba abakoresha kugira uruhare rukomeye mu gutuma siporo itera imbere mu bigo bayobora, kandi bazitabire amarushanwa.”
Ubusanzwe amarushanwa ahuza Minisiteri n’ibigo bya Leta aba ku wa Gatanu nyuma ya saa sita ariko ibigo by’abikorera bo biteganijwe ko azajya aba kuwa Gatandatu no ku Cyumweru mu gitondo.
Ku birebana n’ibyo ikigo gisabwa ngo cyinjire mu irushanwa, Busabizwa Parfait atangaza ko ubu nta byemezo barafata, ahubwo basaba ibigo binyuranye gutegura urutonde rw’abakinnyi bakurikije umukino bahisemo, rukazagezwa ku biro by’ishyirahamwe bikorera kuri Stade Amahoro i Remera.
Ikindi agarukaho ni uko hatabuze inzitizi zibaho kuko nk’umwaka ushize ibigo 23 byonyine ni byo byashoboye kwitabira amarushanwa. Yongeraho ati “Hari ibigo byagiye bishaka gukinisha abantu batari abakozi babyo, ariko twarabikurikiranye ku buryo abazajya babikora tuzajya tubafatira ibyemezo.”
Uwambaza JMV, ushinzwe iterambere rya siporo rusange n’imyidagaduro muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco, atangaza ko Minisiteri ikangurira abanyarwanda bose muri rusange gukora siporo kuko ifite akamaro haba ku mubiri no guteza imbere imibanire y’abantu. Atangaza ko hanogejwe amabwiriza n’amategeko kuko ikigo kizakinisha abatari abakozi bacyo kizabihanirwa.
Muri uyu mwaka ARPST yatumiye ibigo bigera kuri 43 kwitabira inama yo gutegura amarushanwa, abagejejweho ubutumwa ngo bagera kuri 20 ariko mu nama yo ku wa 15 Mutarama itegura amarushanwa hitabiriye ibigo bitandatu gusa. Biteganijwe ko inama itaha izaterana ku wa 22 Mutarama 2013, ku cyicaro cya ARPST kuri Stade Amahoro saa cyenda z’igicamunsi ; abazitabira amarushanwa bakaba basabwe kuzitwaza urutonde rw’abakinnyi hakurikijwe imikino bahisemo.
Biteganyijwe ko amarushanwa azatangizwa ku mugaragaro ku wa 25 Mutarama 2013 kuri Stade Amahoro.


L-R : Uwambaza JMV Ushinzwe iterambere rya siporo rusange n'imyidagaduro muri MINISPOC, Busubizwa Parfait Perezida wa ARPST na Lt Rwabuhihi Innocent Umunyamabanga Mukuru wa ARPST

Bamwe mu bitabiriye inama yo ku wa 15 Mutarama 2013

 
 
 

 
 
 
 
 
 
 

Comments

Popular posts from this blog

No enemy of our neighbours will operate on Rwandan soil – Kagame

  Anyone who wants to destabilise Rwanda’s neighbours will never be allowed to operate in Rwanda, President Paul Kagame has said. He made the remarks in Rusizi District on August 26 while addressing over 400 opinion leaders from Western Province where he also spoke at length about security issues and development. Security remains our top priority because if there is no security nothing can be done, he said. "The way we want to live in harmony in our country is the same way we want to get along with our neighbours...so that everyone can be safe and able to do what they want to do,” he said. Kagame has since on Thursday been  on a four-day tour  in Western and Southern provinces where he met residents, opinion leaders, and toured different development projects. "I want to add that Rwandans, be it those who live here in Rusizi and all those who live along other border areas; it is important that we find ways to live well with our neighbours. There will not be anyone who want...
Mother loses battle to block cancer treatment for son, Neon Roberts Sally Roberts: opposed radiotherapy for son Oli Scarff/Getty Images Sally Roberts: opposed radiotherapy for son Oli Scarff/Getty Images 2 of 4 Neon: doctor say he could die within months without treatment PA 3 of 4 Ben Roberts, Neon's father, backed treatment, although had reservations Peter Macdiarmid/Getty Images 4 of 4 Sally Roberts has split from Neon's father Times photographer Mary Turner Fay Schlesinger Updated 53 minutes ago A judge has ordered that a seven-year-old boy must undergo radiotherapy to treat his brain tumour, against the wishes of his mother. Sally Roberts, 37, has fought a two-week High Court battle to prevent her son Neon from having the therapy, which can entail debilitating permanent side effects. Neon’s chance of living for five years has reduced from 80 per cent to 67 per cent due to the delays to his treat...
    radio: studio and control room Area with two rooms separated by a glass window where audio programs are produced, recorded or broadcast. previous next turntable Device using an arm fitted with a stylus cartridge to play back sounds from a record. record player control room Room adjacent to the studio that is equipped with sound control and recording equipment; the director monitors the on-air program from here. bargraph-type peak meter Instrument measuring peak sound intensity in a predetermined time period. audio console Console made up of all the devices used to control, adjust and mix sound. jack field Series of connector sockets (jacks) allowing various pieces of equipment to be linked to the audio console. producer turret ...