Skip to main content
 

Harategurwa amarushanwa ahuza ibigo byigenga

Harategurwa amarushanwa ahuza ibigo byigenga



Ishyirahamwe rigamije guteza imbere Siporo mu nzego z’imirimo, rirategura amarushanwa mu mikino inyuranye, biteganijwe ko azatangira ku wa 25 Mutarama 2013.
Nk’uko bitangazwa na Busabizwa Parfait, Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda rigamije guteza imbere siporo mu nzego z’abikorera (ARPST) akaba n’umunyamabanga Mukuru wa “Comite Olympique” mu Rwanda, amarushanwa ahuza ibigo by’abikorera ku giti cyabo ategurwa buri mwaka mu mupira w’amaguru, Basketball, Volleyball n’imikino ikinwa umuntu ku giti cye.
Ikindi atangaza ni uko amakipe ya mbere avuye mu bigo by’abikorera ku giti cyabo ndetse no mu bigo bya Leta na za Minisiteri, azahagararira igihugu mu marushanwa y’akarere.
Busabizwa atangaza ko intego bagamije muri uyu mwaka ari ukongera abakozi bakora siporo kuko na yo ari kimwe mu bituma umukozi agira ubuzima bwiza kandi akongera umusaruro. Akomeza agira ati “Turasaba abakoresha kugira uruhare rukomeye mu gutuma siporo itera imbere mu bigo bayobora, kandi bazitabire amarushanwa.”
Ubusanzwe amarushanwa ahuza Minisiteri n’ibigo bya Leta aba ku wa Gatanu nyuma ya saa sita ariko ibigo by’abikorera bo biteganijwe ko azajya aba kuwa Gatandatu no ku Cyumweru mu gitondo.
Ku birebana n’ibyo ikigo gisabwa ngo cyinjire mu irushanwa, Busabizwa Parfait atangaza ko ubu nta byemezo barafata, ahubwo basaba ibigo binyuranye gutegura urutonde rw’abakinnyi bakurikije umukino bahisemo, rukazagezwa ku biro by’ishyirahamwe bikorera kuri Stade Amahoro i Remera.
Ikindi agarukaho ni uko hatabuze inzitizi zibaho kuko nk’umwaka ushize ibigo 23 byonyine ni byo byashoboye kwitabira amarushanwa. Yongeraho ati “Hari ibigo byagiye bishaka gukinisha abantu batari abakozi babyo, ariko twarabikurikiranye ku buryo abazajya babikora tuzajya tubafatira ibyemezo.”
Uwambaza JMV, ushinzwe iterambere rya siporo rusange n’imyidagaduro muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco, atangaza ko Minisiteri ikangurira abanyarwanda bose muri rusange gukora siporo kuko ifite akamaro haba ku mubiri no guteza imbere imibanire y’abantu. Atangaza ko hanogejwe amabwiriza n’amategeko kuko ikigo kizakinisha abatari abakozi bacyo kizabihanirwa.
Muri uyu mwaka ARPST yatumiye ibigo bigera kuri 43 kwitabira inama yo gutegura amarushanwa, abagejejweho ubutumwa ngo bagera kuri 20 ariko mu nama yo ku wa 15 Mutarama itegura amarushanwa hitabiriye ibigo bitandatu gusa. Biteganijwe ko inama itaha izaterana ku wa 22 Mutarama 2013, ku cyicaro cya ARPST kuri Stade Amahoro saa cyenda z’igicamunsi ; abazitabira amarushanwa bakaba basabwe kuzitwaza urutonde rw’abakinnyi hakurikijwe imikino bahisemo.
Biteganyijwe ko amarushanwa azatangizwa ku mugaragaro ku wa 25 Mutarama 2013 kuri Stade Amahoro.


L-R : Uwambaza JMV Ushinzwe iterambere rya siporo rusange n'imyidagaduro muri MINISPOC, Busubizwa Parfait Perezida wa ARPST na Lt Rwabuhihi Innocent Umunyamabanga Mukuru wa ARPST

Bamwe mu bitabiriye inama yo ku wa 15 Mutarama 2013

 
 
 

 
 
 
 
 
 
 

Comments

Popular posts from this blog

Improving Rwandan lives, One village at a time

Meet SOS mother Nikuze who won the Helmet Kutin award

  Nikuze Adrolata, a committed woman who spent 29 years at SOS Children’s Village Gikongoro in Nyamagabe District caring for vulnerable children who lost parental care, has received Helmet Kutin award. The Helmut Kutin Award recognizes extraordinary performances of SOS Children’s Villages co-workers who care for vulnerable children and have laid the foundation for them to have an independent future in 136 countries where the organization operates. SOS mothers like Nikuze live with children in a family house in SOS Children’s Villages where they support the children’s individual needs and establish strong bonds with them like a biological mother. Nikuze never got married and devoted her life to caring for vulnerable children until today. She was selected after successfully completing comprehensive six-month training on child protection and alternative care for children who lost parental care. So far Nikuze has cared for 53 children since 1992 when she joined SOS Children’s Village G...
Next Move Is Obama’s After Boehner’s Tax Plan Fails Brendan Hoffman for The New York Times Speaker John A. Boehner arrived for a news conference on Friday in Washington. By  JACKIE CALMES Published: December 21, 2012 WASHINGTON — With House Republicans’ revolt over their leader’s tax plan the evening before, President Obama on Friday faced the challenge of finding a new tax-and-spending solution — perhaps working now with Senate Republicans — to prevent a looming fiscal crisis in January. The Fiscal Deadline in Washington The New York Times is following the talks between President Obama and Congressional leaders on the so-called fiscal cliff. Related Obama and Boehner Diverge Sharply on Fiscal Plan (December 20, 2012) Enlarge This Image Brendan Hoffman for The New York Times Speaker John A. Boehner of Ohio leaving a meeting Thursday with fellow House Republicans on talks over the “fiscal cliff.” Yet as the day dawned, officials ...