Skip to main content

Abagororwa bafungiye kure y’imiryango yabo bagiye kuhegerezwa

Yanditswe ku itariki ya: 16-01-2013 - Saa: 13:04'
 
   

Komiseri mukuru w’imfungwa n’abagororwa aganira n’abafungiye muri gereza ya Bugesera.
Komiseri mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa aratangaza ko urwo rwego rugiye kwihutira gukemura bimwe mu bibazo abafungwa n’abagororwa bafite cyane cyane icyo gufungirwa kure y’imiryango yabo.
Ibyo Komiseri Mukuru Paul Rwarakabije yabitangaje kuwa 15/01/2013 ubwo yasuraga ibikorwa by’abari mu gihano nsimburagifungo cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro (TIG) n’abafungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Bugesera.
Kimwe mu bibazo bamugaragarije ni ikijyanye n’abafungiye kure y’imiryango yabo bikabagora gusurwa no kubona amakuru ku bijyanye n’imanza zabo. Komiseri Mukuru Paul Rwarakabije yavuze ko icyo kibazo RCS igiye kuzashakirwa umuti.
Agira ati “abafungiye kure y’imiryango yabo bagiye kwegerezwa hafi, ibyo bikemure ikibazo cy’abamwe mubafungwa badafite amadosiye kuko azakurikiranirwa hafi”.
Rwarakabije Paul aganira n'abakora TIG muri Bugesera.
Rwarakabije Paul aganira n’abakora TIG muri Bugesera.
Gereza ya Bugesera ifite abafungwa n’abagororwa 2772 ariko 1349 bakomoka kure y’imiryango yabo, abenshi muri bo bakaba bakomoka mu ntara y’Amajyepfo.
Rwarakabije yavuze ko icyo gikorwa kizahera kuri abo bafite ibibazo hanyuma kigakomereza no ku bandi. Ati “ibi si ubwa mbere bigiye gukorwa kuko twabikoze muri gereza ya Kabuga kandi byerekana umusaruro mwiza”.
Uru ruzinduko rwari rugamije kureba aho umushinga urwego rw’igihugu rushinzwe imfunga n’abagororwa rufatanyamo n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire ugeze ushyirwa mu bikorwa, aho abagororwa n’abakora TIG bahanga imihanda ahazubakwa amazu no gusura ibikorwa bya TIG ndetse n’ibya gereza ya Bugesera; nk’uko bitangazwa na Komiseri Mukuru Paul Rwarakabije.
Mu biganiro Komiseri mukuru w’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa yagiranye n’abo bari muri TIG yabasabye kurushaho kurangwa n’imyitwarire myiza mu byo bakora kandi asaba abayobozi b’inzego zibayobora kujya bakemura ibibazo byabo hakiri kare.
Ibibazo ataboneye ibisubizo bagiye kubishakira umuti mu maguru mashya.
Ibibazo ataboneye ibisubizo bagiye kubishakira umuti mu maguru mashya.
Komiseri Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa yanasuye ibikorwa nyongeramusaruro bya Gereza ya Bugesera bishingiye ahanini ku buhinzi n’ubworozi, maze aganira n’imfungwa n’abagororwa bari muri iyo gereza.
Ibindi bibazo cyane cyane ibijyanye n’ubutabera byagaragajwe n’uhagarariye abagororwa, Komiseri mukuru wa RCS yabasezeranije kuzabikurikirana bigakemuka mu maguru mashya.
Mu bagororwa bafungiye muri gereza ya Bugesera, abagera ku 2293 bafungiye kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, 580 bafungiye ibyaga bisanzwe. 32 ni abanyamahanga ndetse n’abagera 64 bakatiwe igifungo cya burundu y’umwihariko.

Comments

Popular posts from this blog

Improving Rwandan lives, One village at a time

Meet SOS mother Nikuze who won the Helmet Kutin award

  Nikuze Adrolata, a committed woman who spent 29 years at SOS Children’s Village Gikongoro in Nyamagabe District caring for vulnerable children who lost parental care, has received Helmet Kutin award. The Helmut Kutin Award recognizes extraordinary performances of SOS Children’s Villages co-workers who care for vulnerable children and have laid the foundation for them to have an independent future in 136 countries where the organization operates. SOS mothers like Nikuze live with children in a family house in SOS Children’s Villages where they support the children’s individual needs and establish strong bonds with them like a biological mother. Nikuze never got married and devoted her life to caring for vulnerable children until today. She was selected after successfully completing comprehensive six-month training on child protection and alternative care for children who lost parental care. So far Nikuze has cared for 53 children since 1992 when she joined SOS Children’s Village G...
Next Move Is Obama’s After Boehner’s Tax Plan Fails Brendan Hoffman for The New York Times Speaker John A. Boehner arrived for a news conference on Friday in Washington. By  JACKIE CALMES Published: December 21, 2012 WASHINGTON — With House Republicans’ revolt over their leader’s tax plan the evening before, President Obama on Friday faced the challenge of finding a new tax-and-spending solution — perhaps working now with Senate Republicans — to prevent a looming fiscal crisis in January. The Fiscal Deadline in Washington The New York Times is following the talks between President Obama and Congressional leaders on the so-called fiscal cliff. Related Obama and Boehner Diverge Sharply on Fiscal Plan (December 20, 2012) Enlarge This Image Brendan Hoffman for The New York Times Speaker John A. Boehner of Ohio leaving a meeting Thursday with fellow House Republicans on talks over the “fiscal cliff.” Yet as the day dawned, officials ...