Skip to main content

Amanota y’ibizamini bya Leta yasohotse, abahungu banikiye abakobwa

 
 
Aba bana uko ari batatu ni abo muri Kigali Parents, Gasabo, bari mu 11 ba mbere mu gihugu. Uhereye ibumoso: Murekezi Ihirwe Patience wa mbere, Denis Shyaka Gasasira wa kane na Ihoza Annie Christella wa cumi, ariko akaba ari we mukobwa wa mbere kuko 9 ba mbere bose ari abahungu (Ifoto/Kisambira T)

Minisiteri y’Uburezi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 16 Mutarama 2014, yashyize ahagaragara ibyavuye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye mu mwaka ushize wa 2013. Imibare igaragaza ko abakobwa babaye benshi mu gukora ibizamini, ariko ntibyababuza gutsindwa cyane ugereranyije na basaza babo bakoze ari bake.

Minisiteri y’Uburezi yerekanye ko mu banyeshuri ibihumbi 163,092 bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza mu mwaka wa 2013, abakobwa bangana na 89 537 (54%), abatsinze neza muri abo bangana na 2,296 (42,01%), mu gihe abahungu bakoze bangana na 73 555 (45,11%), abatsinze neza muri bo bakaba bangana na 3 169 (57,99%).

Naho mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, abakoze bose bangana na 93 889 (97,32% by’abiyandikishije), muri bo abakobwa bakaba ari 49 567 (52,79%). Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi iragaragaza ko muri abo bakoze, abatsinze ari 9 539, barimo abakobwa 3 405 (35,70%) naho abahungu bakaba 6134 (64,30%).

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yagaragaje ko umubare w’abanyeshuri bakoze ibizamini byo mu byiciro byombi wiyongereye ugereranije n’umwaka ushize kuko harimo ikinyuranyo cy’ibihumbi 12.000 bikaba byaraturutse ku banyeshuri bo mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye bavuye kuri 81,053 muri 2012 bagera kuri 93,889 muri 2013.

Mu mashuri abanza, umunyeshuri wabaye uwa mbere mu Rwanda hose ni Murekezi Ihirwe Patience wo ku ishuri ryitwa Kigali Parents ryo mu karere ka Gasabo, naho mu mashuri yisumbuye ni Ashimwe Christine wo muri Lycee Notre Dame de Citeaux, ishuri riherereye mu karere ka Nyarugenge.

Ibigo byiganje mu gutsindisha neza

Ishuri rya Kigali Parents riherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, niryo ryaje ku isonga mu gutsindisha cyane kuko mu banyeshuri 11 ba mbere mu gihugu, batanu barimo babiri ba mbere ari abaryo.

Ku mwanya wa kabiri hari ishuri rya Good Foundation Centre For Education rya Nyagatare, irya gatatu riba Espoire de l’Avenir rya Bugesera rikurikiwe na L’Horizon rya Gasabo mu Mujyi wa Kigali. Irya gatanu ni Hill Side riherereye mu Karere ka Nyagatare, ku mwanya wa gatandatu hari Ecole International iri muri Gasabo mu mujyi wa Kigali.

Dore uko abanyeshuri 11 ba mbere mu mashuri abanza bakurikirana n'ibigo bigaho:

1. Murekezi Ishimwe Patience, Kigali Parents, Gasabo
2. Manzi Jonan, Kigali Parents, Gasabo
3. Mugisha Ambloze, Good Foundation Centre for Education, Nyagatare
4. Shyaka Gasasira Denis, Kigali Parents, Gasabo
5. Mazimpaka Benoit, Espoir de l'Avenir, Bugesera
6. Habinshuti Asifiwe Guerrison, L'Horizon, Gasabo
7. Ngenzi jabo Jean Aime', la Decouverte, Rwamagana
8. Muhindo Nelson, Hill Side, Nyagatare
9. Mugishawayo Aime' Cesaire, E. Internationale, Gasabo
10. Ihoza Annie Christella, Kigali parents, Gasabo
11. Nshimiye Michael, Hill Side, Nyagatare

Akarere ka Gasabo kihariye abanyeshuri batandatu muri abo 11 ba mbere ku rwego rw'igihugu.

Ku bijyanye n’icyiciro cya kabiri gisoza amashuri yisumbuye ngo amanota yabo azashyirwa ahagaragara mu kwezi gutaha kwa Gashyantare 2014.

Kuki abakobwa batsindwa kurusha abahungu?

Abajijwe impamvu abakobwa bakora ikizamini ari benshi kurusha basaza babo ariko amanota yasohoka ugasanga ari bo batsinzwe cyane, Minisitiri w’Uburezi Dr Biruta Vincent, yasobanuye abanyamakuru ko biterwa n’impamvu nyinshi zirimo kuba akenshi abakobwa bagira utuntu dutandukanye tubatesha umwanya ntibabone uko bita ku masomo neza, nk’imirimo yo mu rugo, kuba basiba amashuri bitewe n’impamvu zituruka ku miremere yabo (nko kujya mu mihango) ndetse n’imyumvire ya bamwe mu babyeyi basibya abakobwa ugereranije n’abahungu.

Imbogamizi

MINEDUC yagaragaje ko umubare w’abanyeshuri ndetse n’abarezi bari bafite umuco wo gukopera no gukopeza wagabanutse nubwo utashira burundu.

Hari ibigo byagaragayeho amakosa y’ubufatanyacyaha hagati y’abarezi n’abanyeshuri bagakopera ibizamini, aha hakaba hatanzwe urugero rw’ishuri rya Rwimiyaga riherereye mu karere ka Nyagatare, aho abanyeshuri 139 bafatanywe ikizamini cy’isomo ry’Ubugenge (Physics), kandi akaba atari ubwa mbere bihabaye kuko n’umwaka ushize wa 2012 byahagaragaye. Gusa ngo barabihaniwe haba mu rwego rw’akazi n’ubundi buryo hakurijije amategeko.

Ku rundi ruhande hari abayeshuri biyandikishije ariko ntibabashe gukora ibizamini bangana na 6% by’abanyeshuri bose biyandikishije. 

Niba ushaka kureba amanota y'umunyeshuri, ushobora gukoresha telefoni igendanwa, aho wohereza nimero y'umunyeshuri kuri 489, cyangwa se ukanyura ku rubuga rwa interineti rw'Ikigo cy'Igihugu cy'Uburezi REB (www.reb.rw) ukareba ahanditse ngo "View Exams Results"


Murekezi Patience wegukanye umwanya wa mbere mu mashuri abanza, ari hamwe na se Murekezi Gaspard (Ifoto/Kisambira)

Gasasira Shyaka Denis wabaye uwa kane mu gihugu, nawe wo muri Kigali Parents, hamwe na se Gasasira Stephen, bishimira insinzi (Ifoto/Kisambira T)

Ihoza Annie Christella wo muri Kigali Parents waje ku mwanya wa 10 mu gihugu, ariko akaba ari we wa mbere mu bakobwa kuko 9 bamubanjirije bose ari abahungu, aha yari kumwe na se Karenzi Vedaste (Ifoto/Kisambira T)

Murekezi Patience, Gasasira Denis na Ihoza Christella bari hamwe (Ifoto/Kisambira T)

Comments

Popular posts from this blog

No enemy of our neighbours will operate on Rwandan soil – Kagame

  Anyone who wants to destabilise Rwanda’s neighbours will never be allowed to operate in Rwanda, President Paul Kagame has said. He made the remarks in Rusizi District on August 26 while addressing over 400 opinion leaders from Western Province where he also spoke at length about security issues and development. Security remains our top priority because if there is no security nothing can be done, he said. "The way we want to live in harmony in our country is the same way we want to get along with our neighbours...so that everyone can be safe and able to do what they want to do,” he said. Kagame has since on Thursday been  on a four-day tour  in Western and Southern provinces where he met residents, opinion leaders, and toured different development projects. "I want to add that Rwandans, be it those who live here in Rusizi and all those who live along other border areas; it is important that we find ways to live well with our neighbours. There will not be anyone who want...
Mother loses battle to block cancer treatment for son, Neon Roberts Sally Roberts: opposed radiotherapy for son Oli Scarff/Getty Images Sally Roberts: opposed radiotherapy for son Oli Scarff/Getty Images 2 of 4 Neon: doctor say he could die within months without treatment PA 3 of 4 Ben Roberts, Neon's father, backed treatment, although had reservations Peter Macdiarmid/Getty Images 4 of 4 Sally Roberts has split from Neon's father Times photographer Mary Turner Fay Schlesinger Updated 53 minutes ago A judge has ordered that a seven-year-old boy must undergo radiotherapy to treat his brain tumour, against the wishes of his mother. Sally Roberts, 37, has fought a two-week High Court battle to prevent her son Neon from having the therapy, which can entail debilitating permanent side effects. Neon’s chance of living for five years has reduced from 80 per cent to 67 per cent due to the delays to his treat...
    radio: studio and control room Area with two rooms separated by a glass window where audio programs are produced, recorded or broadcast. previous next turntable Device using an arm fitted with a stylus cartridge to play back sounds from a record. record player control room Room adjacent to the studio that is equipped with sound control and recording equipment; the director monitors the on-air program from here. bargraph-type peak meter Instrument measuring peak sound intensity in a predetermined time period. audio console Console made up of all the devices used to control, adjust and mix sound. jack field Series of connector sockets (jacks) allowing various pieces of equipment to be linked to the audio console. producer turret ...