Kigali : Gusabiriza muri gare ya Nyabugogo ni ikibazo ku bagenzi   Bamwe mu bagenzi bategera  imodika muri Gare ya Nyabugogo  iri mu mujyi wa Kigali, baravuga ko  babangamiwe cyane n’abantu bamaze guhindura gusabiriza ingeso kuko  bababuza umudendezo n’umutuzo mu rugendo rwabo bari gushakisha imodoka  zibatwara.       Kuri uyu wa gatatu tariki ya 18 Nzeri, nibwo IGIHE yagiranye  ikiganiro n’abagenzi bahategera imodoka zijya mu ntara, baba bari muri  gare ya Nyabugogo, maze bavuga ko babangamiwe n’ingeso y’ubusabirizi  ikomeje kwiyongera muri iyo gare.    Gashumba Emanuel, umugabo wari utegereje imodoka imujyana i Rusizi  aho atuye, yabwiye IGIHE ati “Ingeso yo gusabiriza aha muri gare imaze  kurenga urugero kuko kuva mu minota 30 maze aha, maze gusabwa amafaranga  n’abantu batanu mu gihe njye  nifitiye ibibazo byanjye binyugarije !”    Yakomeje agira ati “Uzi ko hano umuntu aza akagukoraho cyangwa  akagukomaho cyangwa akagubita nko ku mugongo mu gihe wowe uhin...
We inform to forge business oriented thinking